IMITERERE Y’URUBANZA MU NCA MAKE Ingingo Z'Urugero

IMITERERE Y’URUBANZA MU NCA MAKE. 1] URBAN MOTORS Ltd yagiranye amasezerano y’ubucuruzi na SIMBA QUICK TYRE CENTRE Ltd kuwa 14/06/2014 aho bumvikanye ko URBAN MOTORS Ltd izajya igurisha ibicuruzwa bitandukanye, ubwo bucuruzi bwageraga ku mafaranga Frw 24.000.000. Mu kirego yatanze mu Rukiko rw’Ubucuruzi rwa Nyarugenge, URBAN MOTORS Ltd yavuze ko SIMBA QUICK TYRE CENTRE Ltd iyibereyemo umwenda wa Frw 14.492.000 ukomoka ku masezerano y’ubucuruzi bagiranye. SIMBA QUICK TYRE CENTRE Ltd yireguye ivuga ko nyuma yo gutangira gukorana na URBAN MOTORS Ltd yasanze ko ibyo yabwiwe mu masezerano atabibona bituma bimushyira mu gihombo aho kunguka. Yavuze ko umwenda yemera ari Frw 3.450.000 ya stock yasigaranye n’andi make. Yasabye kandi ko ikirego kitakwakirwa kuko cyatanzwe hatabanje kuyishyikiriza ku muhuza.
IMITERERE Y’URUBANZA MU NCA MAKE. 1] GAKIRE KABEHO Viviane afite imodoka Toyota Jeep Cruiser RAB 781 N ifite ubwishingizi “tous risques” yafashe muri SONARWA Ltd. [2] Ku itariki ya 01/04/2009, iyo modoka ya GAKIRE KABEHO Viviane itwawe n’umugabo we MUZALE Jude yakoze impanuka mu muhanda unyuze kuri Alpha Palace yerekeza SONATUBES igonga umukingo irangirika.[3] MUZALE Jude akora “déclaration d‟accident automobile” kuri SONARWA Ltd ku wa 03/04/2009. Ku rupapuro rwa kabiri rw’iyo déclaration aho habazwa nomero ya ‘permis de conduire’ y’umushoferi watwaraga imodoka yakoze impanuka, MUZALE Jude yanditse ibikurikira: “sans permis de conduire”.[4] Inyandiko mvugo ya mbere y’impanuka yakozwe ku wa 27/04/2009 yavuze ko umushoferi watwaraga imodoka nta ‘permis de conduire’ afite kandi ko impanuka yatewe n’umuvuduko mwinshi w’uwo mushoferi n’ubuswa bwe kuko yatwaraga nta uruhushya rwo gutwara afite.[5] Ku wa 23/04/2009, SONARWA Ltd yandikiye GAKIRE KABEHO Viviane imumenyehsa ko yabonye “déclaration d‟accident” yakoze ariko ko, ishingiye ku ngingo ya 24, igice cya 6 y’amasezerano rusange y’ibinyabiziga bigenzwa na moteri ku butaka, itashobora kugira icyo imumarira kubera ko mu gihe cy’impanuka ikinyabiziga cyari gitwawe n’umuntu utabifitiye uburenganzira bugenewe n’amategeko.[6] Ku wa 18/06/2009, hakozwe inyandiko mvugo y’inyongera “PV subséquent” ivuga iti: «N’uko tubivuze muri observatoire uruhushya rwo gutwara imodoka rwa MUZALE Jude ntabwo yari arutwaje igihe yakoraga impanuka yaruzanye aje gutwara inyandiko mvugo ninayo mpamvu mu cyateye impanuka twavuzemo ubuswa kuko ntabwo twari twabonye.»[7] SONARWA Ltd yikoreye iperereza mu Bugande kuko „‟permis de conduire‟‟ MUZALE Jude yerekanye kuri Traffic Police kugira ngo hakorwe inyandiko mvugo y’inyongera yari „‟permis‟‟ y’Ubugande; muri iryo perereza havuyemo urwandiko rwa Polisi ya Uganda n’urwa Uganda Revenue Authority zemeza ko ‘’permis de conduire’’ MUZALE Jude yerekanye ari impimbano.[8] SONARWA Ltd yandikiye amaburwa Ubushinjacyaha ku rwego rw’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kugira ngo busibiremo umwanzuro bwafashe mu nyandiko mvugo y’inyongera kubera ko urushya MUZALE Jude afite rwo gutwara ikinyabiziga ari uruhimbano ariko ntibwasubiza. [9] GAKIRE KABEHO Viviane yafashe icyemezo cyo kuregera uru Rukiko ku wa 26/10/2010 kubera ko SONARWA Ltd yanze kumwishyura.